Urwandiko Bana Bange - RUTABAGISHA Regis from University of Rwanda (ENTRY 34)


URWANDIKO BANA BANGE

Buzima umwana wintangarugero mubihe bidasanzwe

 

URWANDIKO 

Umusaza Kanyarwanda

Ku bana bato b’u Rwanda

 

Mwa bana mwe muraho neza? Nimugire impagarike . Ntimusobwe ndabifuriza ubuzima banabange.

Urukumbuzi ni rwinshi. Nubwo mutanzi,nitwa Kanyarwanda.

Nge ndabazi kandi ndabakunda .

Nimujjya mubona akazuba karashe kagasimburana n’akavura mu    bihe , mukabona murajya kwiga mu mahoro ndetse n’ababyeyi mubanye neza, mujye mumenya ko Kanyarwanda ndikumwenyura mbareba

 

Bana ba! Nandika uru rwandiko nari mpagaritse umutima kuko ntari nzi igihe ruzabagereraho

ariko igihe cyose ruzahagerera muzumve inkuru ngiye kubabwira kandi muyizirikanebana bange.

 

Bana ba,  hambere twarateraga gusa, kuko burya u Rwanda ruratera ntiruterwa .

Ariko dore ishyano riraguye nk’ahandi mu bindi bihugu twatewe n’umwanzi utagaragara kandi

Uwo munyagwa azira ubutore.

 

Bana ba! Habayeho umwana witwaga   Buzima, akabaho anezerewe, yubahaga ababyeyi agafata indyo yuzuye kandi akaruhuka bihagije nkuko ababyeyi babimusabaga. Kera kabaye mu gihugu cy’iwabo  baterwa batiteguye.

Bakibaza ku mwanzi,intumwa irahasesekara mu gihugu k’iwabo iti: "Mvuye kure bavandimwe " .Ikivuga,abayobozi bo mu gihugu cyo kwa Buzima bakundaga ababagana bati: “Bakuzimanire.”

Intumwa iti:“Mbashimiye ineza mungiriye ariko mureke nsohoze   ubutumwa: burya twaratewe kandi uwaduteye ntagirapuhwe ,afite ubukana kandi akomeje kworeka imbaga ; namwe mube maso nshuti bavandimwe "

Nuko umuyobozi wagiraga ubuntu kandi akunda abaturage, amaze kumusiganuza neza yumva iyo ntumwa iramushimishije ku bwo kumuburira ; numutima ukomeye nuko aravuga ati:”Baguhe inka ndwi ugize neza ku bw‘uyu muburo” . 

Intumwa iti: "Ntabwo nzikwiye nge ndi intumwa gusa;  uwantumye ni we wakazihawemubyeyi ".

Umukuru w’igihugu cyo kwa Buzima ati:”Yuuuuu nta kibazo, we azatume indi ntumwa ize ishyikire cumi n’ebyiri”.Nuko bakomeza kuzimanira iyo ntumwa bayitaho ndetse bayiha n’akanozangendo

Inkuru y’umwanzi ikwirakwizwa mu gihugu hose ndetse n’izina riravugwa, ko uwo munyagwayitwa korona virusi.

Ntibyatinze n’umwana muto Buzima inkuru imugeraho.  Akibimenya nk’akamenyero keza yari afite ko kubaza igihe ari ku ishuri, akabazamwarimu buri kimwe cyose adasobanukiwe kandi igihe ari mu rugo akabaza ababyeyi, maze na we akanyurwa n’uko yasubizwaga byose uko yabibajije kandi bagakoresha ingero yumva.

Buzima agana ababyeyi ababaza iby’umwanzi utagaragara K O R O N A   V I R U S I.

Ababyeyibati” Buzima mwana wacu ntukuke umutima umwanzi wamenyekanye nubwo yaba akomeye,iyo habaye ubumwe kandi akarwanywa n’imbaraga aratsindwa. "

Nyina yungamo ati :" Banzausobanukirwe mwana wacu Buzima . Umwanzi dufite ni indwara, gusa irakomeye kurusha izo dusanzwe turwara.  Igendera mu matembabuzi nk’amacandwe cyangwa ibyunzwe;

Ni indwara yandura iyo ugize aho uhurira n’amatembabuzi y’uyirwaye akagera ku mazuru yawe ,mu kanwa cyangwa mu maso .. "

 

Buzima ati:”none se mama, ubwo twese ntizadufata ko numva iteye ubwoba kandi ahari itakwirindwa?”

Nyina yongera agira ati "Oya kuyirinda nubwo bigoye birashoboka.  Guhera ejo nta bwomuzasubira kwiga kandi natwe nta bwo  tuzasubira ku kazi ndetse hazajya hagenda gusa abantu bagiye gukora ibikorwa by’ingenzi nk’ubucuruzi ndetse n’iby’ubutabaz i n’umutekano. Ndetse kudasuhuzanya mu buryo busanzwe nko guhoberana  cyangwa  guhana ibiganza ni bumwe mu buryobwo kwirinda.

Gukorora cyagwa kwitsamura hifashishwa agatambaro gafite isuku ukagacyinga kumunwa no kumazuru hanyuma ugahita ukamesa n’amazi meza n’isabune kandi igihe ugiye muruhame ukambara   neza agapfukamunwa gahishe umunwa namazuru  kugirango wirinde urinde nabandi"

 

Buzima ariyumvira abaza nyina ubona ahangayitse ati "None se    inshuti zange zo nta bwo zizarwara ko zo zitazi uko zakwirinda iyi ndwara? "

Nuko se wa Buzima aramwenyura ati :"Humura inshuti zawe na zo zamenye amakuru kuko ubuyobozi bwamenyesheje abantu bose iby’iyindwara n’uko yakwirindwa ;rwose ubu na bo nibirinda neza muzasubira ku ishuri mwongere musabane bameze neza"

Nuko Buzima n’ababyeyi be bakomeza  kuba mu rugo kandi ababyeyi ba Buzima bakamufasha gusubiramo amasomo muri iyo minsi atajyaga kwiga.

Byakomeje kugenda neza; hatangwa n’ ubundi butumwa mu gihugu hose.

igihugu cyo kwa buzima cyakomeje gutangaza uburyo bwo kwirinda . Bikorwa muburyo butandukanye kuburyo buri muntu wese yabimenye kandi akabikora neza nkuko babijyirwagamo inama nubuyobozi.

Basabwe kwambara udupfukamunwa igihe basohotse murugo bagiye kuba bahura nabandi muruhame kandi bagakomeza kwisukura intoki kenshi gashoboka.

Bana ba! Ntakitagira iherezo .

Nyuma yigihe mugihugu cyo kwa   Buzima hakurikizwa ingamba zari zarashyizweho kandi zikurikizwa neza ,Buzima nabandi bana basubiye kumashuri ari bazima. Bari bafite urukumbuzi rwinshi kuko bataherukaga kubonana nyuma yiminsi myinshi bari bamaze murugo.

Ariko urukumbuzi ntirwatumye bahoberana ngo bice ingamba zari zarafashwe ahubwo bahanye inkokora abandi bakoresha ibirenge. Abana bose baje bambabye udupfukamunwa bakaraba intoki binjiye mwishuri nkuko bari barabikanguriwe , kandi ubona bishimye maso basa nabatsinze ikizamini gikomeye.

Bana ba !Koko kuba bari bagarutse ari bazima bose, bakaza uko bagiye nintsinzi.

Ninagruka nziza zo kumvira ababyeyi no gukurikiza ingamba zose bari barabwiwe mugihe cyo kuguma murugo.

Bakigera mwishuri  mwarimu wishuri Buzima yigagamo yamusabye ko umwe muribo yahaguruka agasangiza abandi uko ibihe             bye byagenze igihe bari bari murugo. 

Buzima wari wicaye imbere adatinze arahaguruka araterura ati “ Murakoze , mbere nambere muraho neza nshuti zange ,  muraho neza mwarimu. 

Narimbakumbuye kandi ndishimye ko nongeye kubabona. Mugihe cyo kuguma murugo nize gukora imirimo inyuranye yo murugo ntarinzi gukora mbifashijwemo nababyeyi

nize kumesa neza imyenda yange ,nkabikora ntoranya imyenda     nkurikije amabara nuko yanduye mbere yo gutangira kumesa, hanyuma nkamesa neza mumazi atandukanye nita kuhantu hari ibizinga kumwenda nkahavuguta kandi nkanika neza kumogozi ahantu hagera izuba.                                                                              

Kandi twakoze imyitozo ngororamubiri mfatanyije nababyeyi, bakomeza no kumbwira akamaro kimyitozo ngororamubiri. Rwose namenyeko umwana ukora imyitozo ngororamubiri atarwaragurika ngo asibe ishuri kandi amenya ubwenge kuko iyo asubiramo amasomo ahita abifata vuba kuko ubwonko bwe buba bwagize umwanya wo kuruhuka uhagije igihe ari mu myitozo.

Ababyeyi bange banganirije kubumenyi butandukanye bwigihugu, nakunze cyane amateka yintwari , menyako twese uko turi nkabana dufite ubushobozi bwo guharanira kuba intwari kanditukaba twabigeraho ntakabuza. Byari biteye amatsiko pe, numvaga bakomeza kumbwira itandukaniro hagati yibyiciro byintwari aribyo Imena , Imanzi n’ Ingenzi

Kiriya gihe cyabaye akanya ko kwiga byinshi kurusha uko natekerezaga ko ari akanya ko kuryamano gukora ibindi byimyidagaduro ntakoraga igihe cyamasomo.                           

Nasubiyemo amasomo ndetse ubu ndumva niteguye gutsinda neza kuko ababyeyi bamfashije gusubiramo ibyo twize, nsubiramo imyitozo itandukanye twari twarakoze mwBuzima arongera arashima hanyuma asubira mumwanya we. Nuko mwarimu arababwira ati “twese tuvuze uko byagenze twatinda kandi dufite igihe gito , Buzima arakoze nizeyeko nabandi mwabashije kuganira nababyeyi cyangwa abandi mubana murugo  kandi bakabafasha gusubiramo amasomo“ .

Buzima akomeza kwitwara neza haba mwishuri no hanze kandi akomeza gukundwa nabagenzi bekuko yari umwana ukunda abandi , akubaha bose ntacyo agendeyeho. Kandi mumasomo buzima yaje kuba uwambere mwishuri ,guhera ubwo bikomeza bityo ari umuhanga mwishuri kuko yahereye kubyo yasubiyemo arimurugo afashijwe nabanyeyi kandi yiha intego ko atazongera kurangara ahubwo azakora cyane. Mwishuri akomeza umuco gukunda gusoma kandi akabana neza nabandi ,kugirango azagere kundoto yarafite zo kuzaba intwari. ishuri kandi bamfasha no gusoma muzindi mfashanyigisho nibitabo bitandukanye. “

Singe wahera hahera umwanzi watsinzwe kandi agakomeza kwirindwa mu gihugu cyo kwa Buzima

Bana bange, nizere ko inkuru mwayumvise neza kandi muyikuyemo inyigisho. Imyitwarire myiza ya Buzima  mujye muyigenderaho , mwumvire kandi mukundane .                                                                                

Bana reka mbibire akabanga ! Gusoma nisoko yubumenyi nubuhanga ,kandi gukunda bose ,abirabura nabatirabura ,abarebare nabagufi ,abafite ubumuga ubwo aribwo bwose nabatabufite , bose ubakunde mukine kandi mufashanye . Muzagera kubyo mwifuza mwese hamwe.

Yari umusaza  KANYARWANDA ubakunda cyane. 

Writer : RUTABAGISHA Regis from University of Rwanda

131 Comments

Alice

Alice

04 September 2020 12:28
This is so helpful 😊

Sacyega

Sacyega

04 September 2020 12:29
Aka gatabo ni bon, karimo inyigisho 🙌

Eric

Eric

04 September 2020 12:46
Ni keza, courage.

Joselyne

Joselyne

04 September 2020 12:54
Keep doing this Ruta! Njye nikundiye utu dushusho na message irimo kbs!

NTAKIRUTIMANA DESIRE

NTAKIRUTIMANA DESIRE

04 September 2020 12:59
Niwowe warucyenewe kubana burwanda Keep it up

USABYUWERA Naphtal

USABYUWERA Naphtal

04 September 2020 13:17
Wow!!! Iyi message ndayikunze cyane Ruta! Komereza aho abana burwanda bakeneye iyo message kbsa!

Iradukunda steven

Iradukunda steven

04 September 2020 13:18
Urashoboye bro courage kbs komereza aho turagushyigikiye

Willine

Willine

04 September 2020 13:25
Wow. Karatandukanye pe. Inyigisho zirimo zirafasha.

KUBWIMANA Louis De Gonzague

KUBWIMANA Louis De Gonzague

04 September 2020 13:27
Aka gatabo ni keza cyane bro. Great work really.

Hilary Shi

Hilary Shi

04 September 2020 13:29
Aka gatabo karimo message zadufasha kwirinda muri ibi bihe bya corona virus, Courage brother!

emile maurice

emile maurice

04 September 2020 13:35
nice musore wanjye

Lucie

Lucie

04 September 2020 13:52
Keep it up Regis!

H U F F I E

H U F F I E

04 September 2020 14:07
💯💯💯💯💯💯💯

Brune

Brune

04 September 2020 14:27
Wouu good keep it up

Benimana

Benimana

04 September 2020 14:40
Courage msz wakoze Nexa kbs

Gretha

Gretha

04 September 2020 14:43
Aka gatabo ni keza, kanditse neza pe !!! Courage

Aykam Ltd

Aykam Ltd

04 September 2020 14:53
Cool amazing story

Kamugisha Godfrey

Kamugisha Godfrey

04 September 2020 15:05
This Is amazing

Rachel

Rachel

04 September 2020 15:44
I love this

Emmanuel

Emmanuel

04 September 2020 15:55
Mbega amagambo yigisha kandi afite akamaro muri ibibihe turimo! Nice work.

frank kangi

frank kangi

04 September 2020 16:02
Kbx iyi message ni nziza kubana ndetse na bakuru muri ibihe bitoroshye bya corona virus buzima kbx n'itwari

Michelle

Michelle

04 September 2020 16:07
Very nice 👌, the way you used to convey the message is innovative. Komereza Aho. Twaratewe dukomeze twirinde corona virusi

Raissa

Raissa

04 September 2020 16:12
Courage muhungu wacuu👌💪

Rachel Nini

Rachel Nini

04 September 2020 16:16
Wow !!!!! Nc nshuti👏👏👏👏👏👏 iyi nkuru iryoheye amatwi n'amaso kandi irimo ubutumwa bwafasha buri wese uyisomye.👌keep it up ma frnd👌

Gakwandi aliane

Gakwandi aliane

04 September 2020 16:39
This is a very a nice book. Every child in Rwanda should read it.

Isaac

Isaac

04 September 2020 16:40
Aka gatabo ni inyamibwa nukuri kuje ubwuzu n'impanuro kutagasoma ni ukunyagwa. Regis rutabagisha Komerezaho iyi mpano ndashyikirwa ntikagire kizimya na gitangira.

Wilfride Simbi

Wilfride Simbi

04 September 2020 16:40
Ubundi nimwe igihugu gishaka. Keep up brother

Joselyne I

Joselyne I

04 September 2020 17:07
c'est un excellent travail, Bravo 🍾

Felicien Sangwa

Felicien Sangwa

04 September 2020 17:31
Very insightful. Kuba umuyobizi sugutegeka ni kugenzura gusa. Ahubwo nuko nugukorera abo uyobora nkumushumba.

Sano Gerard

Sano Gerard

04 September 2020 17:42
Really nice broh Keep it up

Bosco

Bosco

04 September 2020 18:35
That's owsome book @Regis

Honore

Honore

04 September 2020 18:41
Aka gatabo karimo inyigisho

Dom.K

Dom.K

04 September 2020 18:51
Nice story, iyi nkuru ikoze neza kbs. Congz Regis, keep it up

Marie Paule

Marie Paule

04 September 2020 19:07
Courage courage harimo inyigisho nzima pe!

Tumukunde Alliance

Tumukunde Alliance

04 September 2020 19:14
Aka Gatabo nikeza cyane Alexis Courage cyane kandi tugutezeho nibindi byinshi kandi byiza.

Thacien

Thacien

04 September 2020 20:45
Bravoooo......musere urimukazi kose 💪 💪

Ernest

Ernest

04 September 2020 20:56
This message is perfect to kids and parents I wish it can be spreaded worldwide

HABUMUREMYI Schadrack

HABUMUREMYI Schadrack

04 September 2020 21:42
Well done musore

Mugenzi

Mugenzi

04 September 2020 21:50
Nice 1 young bro kip it up

Michelle

Michelle

04 September 2020 21:53
Message wayitanze neza cyane. Courage Kandi natwe dukomeze kwirinda. Nice work

Regis Ruta

Regis Ruta

04 September 2020 22:19
This is so helpful!!

Mamie

Mamie

04 September 2020 22:19
Wow Regis keep it up .mbega ngo nanjye kararyohera kugasoma kakananyigisha courage bro

Denise Amélie

Denise Amélie

04 September 2020 22:34
Iyu nkuri ni nziza cyanee cyane ku bana bacuu. Courage Regis!! Dukomeze umuco wo gusoma ngo gutoza abana bacu gusoma.

Bizi

Bizi

04 September 2020 22:38
Woow, nice one. Courage

Bizimana

Bizimana

04 September 2020 22:41
Wow, keep it up

Mupenzi felin

Mupenzi felin

04 September 2020 22:41
Ooohhh byiza cyane, aka gatabo kagiye gufasha abana bacu kdi komereza aho nibindi bize pe. Courage cyane!!!!

Bizimana jean pierre

Bizimana jean pierre

04 September 2020 22:47
Wow, Keep it up.

Peter

Peter

04 September 2020 22:49
Akazi keza musore biramfashije!

Sugira

Sugira

04 September 2020 22:50
Aka gatabo ni keza

Ishimwe Denis

Ishimwe Denis

04 September 2020 22:52
Komereza aho nakunze iyinkuru cyane

Nkotanyi Bénie

Nkotanyi Bénie

04 September 2020 22:53
You are talented and it's very helpful 😇 ,keep it up

Aboubakar

Aboubakar

04 September 2020 23:20
Keep it up bro that's what Rwandan children need

Aslam

Aslam

05 September 2020 00:05
Courage kabisaa muvandii

JK

JK

05 September 2020 00:18
Uyu murimo wakoze ni mwiza. Umwanditsi atanze ikizere ko Ikinyarwanda, nk'ururimi, kitazazima; ndetse anagira inama abana.

Gapesa

Gapesa

05 September 2020 00:20
Uradufashije canee imana ikwagurire imbago

Pamela

Pamela

05 September 2020 01:59
Ni saw bro courage

Charline Niyitegeka

Charline Niyitegeka

05 September 2020 02:11
I have read your book and I got a message!! So keep it up brother.

Emile Senesbent

Emile Senesbent

05 September 2020 04:32
Félicitations et courage mon frère

Niyigena sinai

Niyigena sinai

05 September 2020 06:22
Urashoboye kandi urashobotse! Niw oe warukenewe nukuri pe"

Eric

Eric

05 September 2020 07:13
Good work bro

UWIMANA Jean Baptiste

UWIMANA Jean Baptiste

05 September 2020 07:16
Ubu ni ubutumwa bwiza kandi bwingenzi kubantu bingeri zose. Komera kandi ukomeze wagure inganzo ubutumwa bugere kubatuye isi yose maze tubungabunge ndetse dusigasire amagara azira icyorezo. Courage muvandi.

N. Ukwishaka Emelyne

N. Ukwishaka Emelyne

05 September 2020 07:53
Wakoze neza kandi gira umurava mukwandika imfasha nyigisho zizifasha benshi. Kandi aka gatabo kararyoshye kuburyo bwose dukurikije uburyo kandi n'amashusho.

Evodie NDAYISHIMIYE

Evodie NDAYISHIMIYE

05 September 2020 08:42
Inkuru nziza cyane yoroheye buri wese kuyisoma

Diane Niyonkuru

Diane Niyonkuru

05 September 2020 09:31
Wauuuu 👌,très talentueux. J,apprécie bcp vôtre livre contient bcp des messages très importants. Courage n,abandonne pas .

Blandine

Blandine

05 September 2020 10:58
Wow!!!! Akagatabo ndagakunze

NDAMUKUNDA

NDAMUKUNDA

05 September 2020 10:59
Komerezaho Regis nikiza rwose☺

Aline

Aline

05 September 2020 11:01
Wow!! Harimo inyijyisho nziza pee

Rugamba

Rugamba

05 September 2020 17:22
Aka gatabo ni keza. Gakwiye gushyirwa mu mashuri yose. Courage, wandike n’utundi dufasha abana.

Chelsea

Chelsea

05 September 2020 17:48
Courage Fréro harimo message nziza cyane ikenewe na beshi 👏👌

NIYIBIZI

NIYIBIZI

05 September 2020 18:40
Uruwo gushimirwa icyi gikorwa ni cyiza cyane kandi ibikubiyemo ningirakaramo rwose.

Emelyce. B

Emelyce. B

05 September 2020 19:42
Insightful and inspiring piece. Thank you for sharing this message and especially I liked how it's rooted in our culture and the message as a whole. #Rutaregis keep it up and let your light shine.

Régis

Régis

05 September 2020 19:48
Woow courage kbs n'abandonne pas

Fiston

Fiston

05 September 2020 20:34
nice story and a touching message👌🏿

Rukundo William

Rukundo William

05 September 2020 22:29
Nibyiza cyane pe!!!

Dukeshimana Patient

Dukeshimana Patient

05 September 2020 22:40
Byiza cyane Regis, courage! The story is good and inspiring.

Nshimiyimana richard

Nshimiyimana richard

06 September 2020 00:42
Inkuru ni saw

Mico

Mico

06 September 2020 00:50
Ni neza cyane

Munyempanzi yves

Munyempanzi yves

06 September 2020 01:29
This is amazing bro keep it up

Paccyu

Paccyu

06 September 2020 02:47
Ooohhhhhh woooooowwww nice story sweet to the ears Courage regis and keep it up young boy

Vanessa Uwase

Vanessa Uwase

06 September 2020 03:03
Iyi ninyandiko yandikanye ubuhanga n'ubuvanganzo burimo inyigisho kubana batto.., am proud of you bro

Nishimwe Marie claire

Nishimwe Marie claire

06 September 2020 04:38
Wowww courage rwose karimo inyigisho kandi kazafasha beshi

Twagirimana Alexandre

Twagirimana Alexandre

06 September 2020 06:42
Ibi ninkunga ikomeye byumwihariko muribi bihe bikomeye turimo.courage kbc

Uwizeyimana

Uwizeyimana

06 September 2020 07:48
Yoooh! mbega inkuru nziza inogeye amatwi buriwese uyisoma.Komereza aho Regis.

06 September 2020 08:02
waooo nukuri komerezaho nikezape karimo ninyigishonzizape

Gisele

Gisele

06 September 2020 08:26
Keep it up ! It good story

Queen Ora

Queen Ora

06 September 2020 08:47
Wauuuu!! Aka gakuru karashishikaje pe...knd nikeza.....gusa ufite udushusho twiza cyane

Nshuti Noella

Nshuti Noella

06 September 2020 09:12
N'ukuri uzi kwandika peeee

Emile

Emile

06 September 2020 09:18
Aka gatabo karimo ubutumwa bw'ingirakamaro. Dukomeze gufatanya guhashya corona virus. Thanks Regis

Hubert

Hubert

06 September 2020 11:30
Wow byiza kbs good job Muhungu wumunyarwanda

Noella

Noella

06 September 2020 12:05
Good story Ruta! Komeza utsinde

Noella

Noella

06 September 2020 12:10
Inkuru nziza ifite ubutumwa bwiza.....nice work Ruta! Keep it up boy

Gislaine

Gislaine

06 September 2020 12:26
Good job Regis! Harimo ubutumwa bwiza rwose!

Karimba Nibishaka

Karimba Nibishaka

06 September 2020 12:54
Kabsa urabyumva muvandi, komereza aho

Christian

Christian

06 September 2020 13:30
Wow dat's perfect 👏👏👏 I love this

kadeaux

kadeaux

06 September 2020 14:30
its full of lesson

Yves uwase

Yves uwase

06 September 2020 14:55
That's awesome story @REGIS* keep it up.the advises are understandable. #i wish this whirl around the world?? Have everlasting thought brather!!!

Mauritz

Mauritz

06 September 2020 15:51
Byiza cyane inkuru yawe irashimishije lupin's. Courage kbs

Dunia   moses

Dunia moses

06 September 2020 17:30
Our boy with really like the way you express in your ideas and I appreciate your Book

Nishimwe Ange

Nishimwe Ange

06 September 2020 22:41
This is a good and important message for people of all ages. Be strong and continue to expand the message to the people of the world. Courage brother.

ISHIMWE Cédric

ISHIMWE Cédric

06 September 2020 23:34
Aka gatabo karimo inyigisho komereza aho!

musinga

musinga

07 September 2020 01:52
👍🏻Keep up bro......... We be hind u🤝🏻

tuyishime Philbert

tuyishime Philbert

07 September 2020 01:59
courage bro

Manz fabrice

Manz fabrice

07 September 2020 02:40
Akagatabo ndagakunz bro komerezah rwose ishimwe nkuha nuguha abandi nabo bakareba ubuhanga

Emmanuella Assoumpta

Emmanuella Assoumpta

07 September 2020 02:57
Inyigisho nkizi ku bana zirakenewe. Ukomerezaho wigisha abakiri bato

Colombe

Colombe

07 September 2020 10:46
Wow! Uyu nkuru iraryoshye kuyisoma kandi ifite ubutumwa bwiza. Courage.

Shema

Shema

07 September 2020 11:46
Aka gatabo ni dawa kbx knd karimo ubwenge, courage bro

Gabriella

Gabriella

07 September 2020 12:22
Woow! Iyi msg ninziza cyne! Courage 👏

Vedaste

Vedaste

07 September 2020 12:30
Muito bom e interessante trabalho !

Providence Irakoze

Providence Irakoze

07 September 2020 13:59
Woww!! This is too important... I like it 🤝

Kelvin

Kelvin

07 September 2020 19:05
Good

Ange Lissy

Ange Lissy

07 September 2020 20:55
Wow keep on bro. Courage

Isabelle Mucyowera

Isabelle Mucyowera

07 September 2020 23:55
Wooow. Harimo isomo ryiza ku bantu bose ryo kibahiriza amabwiriza

manzi

manzi

08 September 2020 02:45
it's really an interesting story.. thank you and keep it up!

David

David

08 September 2020 11:43
Aka kantu karimo ubutumwa bwiza pe!

Robert

Robert

08 September 2020 11:44
Gira uduhe n'akandi gatabo pe!

Yvonne

Yvonne

08 September 2020 13:40
Great Job Regis,keep it up rwose..

Charles Twagirayezu

Charles Twagirayezu

08 September 2020 14:36
I like it , keep it up

Brenda

Brenda

09 September 2020 01:17
Sha kano gatabo karimo ubwege keep it up mai boy

Umukundwa Pamela

Umukundwa Pamela

11 September 2020 01:55
Sha ndemeye kweli courage bro

uwimana marie goreth

uwimana marie goreth

11 September 2020 11:45
wow nukuri urakoze gutanga umusanzu wawe muri ibibihe bitoroshye

Gihozo

Gihozo

12 September 2020 08:49
Great job #keep shinning

Marlene

Marlene

13 September 2020 17:43
"Ningaruka nziza zo kumvira ababyeyi no gukurikiza ingamba zose bari barabwiwe mugihe cyo kuguma murugo" Kudos to this amazing piece of art👏👏

Elysée

Elysée

14 September 2020 21:58
Niko kuri, dufatanyije twahashya uyu mwanzi twumvira amabwiriza. Ni byiza cyane ! komereza aho.

Liliane Iradukunda

Liliane Iradukunda

14 September 2020 23:19
Aka gatabo nikeza kandi nibyo abana bu Rwanda bakeneye gusoma kandi binaboreheye mururimi rwacu!!Courage... Me going to my kido!!

Niyonkuru Akbaru

Niyonkuru Akbaru

15 September 2020 10:41
Aka gatabo karimo n'inyungu nyinshi pe usibye gutuma abana bunguka ubumenyi mu rurimi Kari gutuma banitoza gusoma neza mukomereze aho rwose

Blackstone

Blackstone

15 September 2020 13:57
Wow ni keza kubana rwose kazajya kabafasha, ahubwo batubahe barasubira kwiga ngo bice ingamba

Gosh

Gosh

16 September 2020 15:30
Worthy!

Benitha Cassidy

Benitha Cassidy

16 September 2020 15:44
Sha nkunze imikorere yawe irafasha burumwe keep up

Ishimwe Ruth

Ishimwe Ruth

16 September 2020 16:33
What A good book ❣️ courage Mwana Wacu

Angelon

Angelon

16 September 2020 22:14
Iyi nkuru ni nziza pe komereza aho

Galice

Galice

18 September 2020 20:34
Courage bro .Ni keza cyane ,keep it up

Leave a Comment

Your email address will not be published.